Ibimenyetso cyangwa ibindi bigaragaza uwarwaye COVID-19 harimo ibyoroheje, ibikabije ku buryo umuntu aremba noneho ku ndunduro bikagera aho imuhitana. Ibimenyetso byayo ni ibi bikurikira:
Ugereranyije ibimenyetso bya COVID-19 n’ibimenyetso by’izindi virusi zo mu muryango umwe nka MERS-CoV, ibimenyetso bya COVID-19 bishobora kugaragara vuba cyane kuva ku minsi 2 kugera kuri 14 umuntu ahuye n’iyo virusi.
Niba warageze mu gihugu cyagaragayemo iyo ndwara, ukaba unagaragaza ibimenyetso byayo, hamagara umurongo utishyurwa 114 kugira ngo baguhuze n’abaganga baguhe ubufasha bwihuse.